• About Art
  • Coperative
  • Discover
  • Education
  • Exhibition
  • Museum
  • May 22, 2013

Rwanda Arts

Rwanda Arts

  • Home
You are here: Home / Discover / Rwanda | Ruhango: Agiye kurongora abikesheje umwuga w’ubucuzi

Rwanda | Ruhango: Agiye kurongora abikesheje umwuga w’ubucuzi

January 20, 2013 by admin Leave a Comment

Agiye kurongora abikesheje umwuga w’ubucuzi

Nzabahimana agiye kurongora abikesha gucura ibyuma

Nzabahimana Gerald utuye mu kagari ka Nyirakinira umurenge wa Kinihira mu karere ka Ruhango, aravuga ko umwaka wa 2013 utamucika atarongoye abikesheje umwuga we wo Gucura.

Uyu musore w’imyaka 29, avuga ko abantu cyane cyane urubyiruko rutikoza imirimo nk’iyi iciriritse bavuga ko igayitse, nyamara we ngo imaze kumugeza kure.

Iyo umusanze mu gasantire akoreramo, ubona ashishikajwe n’umurimo akora, kuko we yivugira ko umaze kumugeza kuri byinshi.

Agira ati “ dore uyu mwuga ubona abantu barawusuzugura, ariko njye ndawubaha cyane, uretse no kuba untunze maze no kuwukuramo inzu ndetse ndanateganya kuyirongoreramo bitarenze uyu mwaka”

Iyo uganiriye n’urundi rubyiruko muri uyu murenge wa Kinihira, rukubwira ko rwishwe n’ubushomeri, rusaba inkunga ngo rwihangire imirimo.

Ariko Nzabahimana we avuga ko nta nkunga n’imwe akeneye, kuko yashoboye kwihangira umwuga w’ubucuzi akaba abona uzamugeza kubyo yifuza byose.

Uyu musore acura ibyuma abanje kubicanira ku muvuba, agakuramo amasuka, amashoka, imihoro, ibyuma n’ibindi byinshi.

Agiye kurongora abikesheje umwuga w’ubucuzi2

Uyu mucuzi anenga cyane urubyiruko rwirirwa mu bikorwa bibi ngo rwabuze akazi

Uyu mwuga we ukaba umwinjiriza amafaranga atari munsi y’ibihumbi 5000 kumunsi. Anateganya ko umwaka utaha azashinga iduka rizajya ricuruza ibyuma acura, kuko ngo nibwo azarushaho kwinjiza.

Uyu musore wihangiye umurimo akiri muto, aranenga cyane urubyiruko rwo muri uyu murenge usanga rurangwa n’ubujura, ubusambanyi, kunywa ibiyobyabwenge n’ibindi bibi. Akarusaba gutinyuka rugakura amaboko mu mifuka rudategereje ko Leta ariyo izaruhangira imirimo.

Uyu mwuga Nzabahimana akora, avuga ko awukesha umwe mu babyeyi be, akaba awumazemo imyaka 10, akaba awukorana ubushake kuko umaze kumugeza kuri byinshi kugeza n’aho ugiye kumuha umugore.

 

 

Related posts:

  1. Rwanda : Umwuga wo gucura ibyuma umwinjiriza amafaranga ibihumbi 10 ku munsi   Hakizimana Paul yiyemeje gukora umwuga wo gucura ibyuma yasigiwe...
  2. Rwanda | Ruhango: umurimo w’ibibumbano umaze kumugeza kuri byinshi Daniel Twihangane atuye mu kagari ka Nyamagana Umurenge wa Ruhango...
  3. Rwanda | Ruhango: arifuza kuba uwa mbere mu gihugu abikesheje amashyiga ya cana rumwe Daniel Twihangane utuye mu murenge wa Ruhango akarere ka Ruhango...
  4. Rwanda | Ngororero: Uhoraningoga yatangiye kwigisha abantu ubucuzi Umugabo witwa Uhoraningoga Pierre utuye mu murenge wa Ngororero akaba...

Related posts brought to you by Yet Another Related Posts Plugin.

Filed Under: Discover Tagged With: Rwanda, Rwanda arts, Rwanda Discover, Rwanda entrepreneurship, Rwanda ruhango, Rwanda young

Speak Your Mind Cancel reply

*

*

Recent Posts

  • Kamonyi: couple celebrates achievement over charcoal stoves making
  • Bihangiye umurimo wo gucura Imbabura none bakoresha abakozi bane
  • Gisagara: The historically marginalized people to let go of pottery
  • GISAGARA: ABAHEJEJWE INYUMA N’AMATEKA BAKWIYE GUHINDURA BAGAKORA N’INDI MYUGA ITARI UKUBUMBA
  • Ideas on how to decorate a living room

Secondary Sidebar Widget Area

This is the Secondary Sidebar Widget Area. You can add content to this area by visiting your Widgets Panel and adding new widgets to this area.

Return to top of page

Copyright © 2013 · All Right Reserved