Ingoro y’umurage w’ubuhanzi iri ku Rwesero mu karere ka Nyanza yafunguriye studio abana bato bari hagati y’imyaka 2 kugeza kuri 12 y’amavuko mu rwego rwo kubafasha guteza imbere impano yo gushushanya bigiye kuri bagenzi babo.
Iyo studio ikubuyemo ibihangano byashushanyijwe n’abana ubwabo bo mu bihugu by’ Ubwongereza, Amerika n’u Rwanda. Ibyo bihangano bigamije kwigisha abana bato umuco wo kumenya gushushanya ibintu bitandukanye nk’uko Mutoni Fiona umukozi w’ingoro ndagamurage w’u Rwanda abivuga.
Avuga ko buri gihe abana bato baje gusura ingoro y’umurage w’ubuhanzi bazajya banyuzwa muri iyo studio barebe ibihangano byakozwe n’abana bagenzi babo.
Muri iyo studio abana banashyiriwemo ibitabo byabo ndetse n’ibindi bikoresho byo gushushanya bazajya bifashisha bagendeye ku byo basanze.
Bimwe mu bishushanyo byashyizwe ku nkuta ya studio y’abana
Kugira ngo umwana yemererwe kwinjira muri iyo studio azajya atanga amafaranga 500 y’u Rwanda ariko ku bana bari hejuru ya 20 bazajya bagabanyirizwa buri wese yishyure 300 nk’uko Mutoni Fiona umukozi w’ingoro ndagamurage w’u Rwanda yakomeje abitangaza.
Ababyeyi barasabwa kutavutsa abana babo ayo mahirwe yo kuza kureba ibihangano binyuranye byakozwe na bagenzi babo bo mu bihugu bitandukanye kugira ngo nabo bagire icyo babyungukiraho.
